Mitterrand yaba yaramenye mbere abishe Habyarimana?
Abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda cyane cyane ababaye mu butegetsi bwa Habyarimana Juvenal no muri Leta yiyise iy’Abatabazi bakwirakwiza ibinyoma ku rupfu rw’uyu wayoboye Repubulika ya Kabiri, babeshya ko yishwe n’Inkotanyi, nyamara François Mitterrand wari Perezida w’u Bufaransa icyo gihe yemeje ko Inkotanyi zari zishimiye amasezerano ya Arusha ku buryo zitari kwica Habyarimana.
Indege yari itwaye Perezida Habyarimana na Cyprien Ntaryamira w’u Burundi yahanuwe mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 1994, ubwo bari bakubutse i Arusha muri Tanzania.
Indege ya Habyarimana yahanuwe mu gihe Leta y’u Rwanda yari imaze igihe iri mu mishyikirano n’Ingabo zahoze ari iza RPA ndetse zaramaze no kohereza muri CND abasirikare 600 bari bacungiye umutekano abanyapolitike ba FPR bagombaga kujya muri Guverinoma ihuriweho.
Muri ibyo bihe icyatekerezwaga ni ugushyiraho guverinoma ihuriweho yari gusiga abo muri FPR Inkotanyi binjiye mu butegetsi bw’u Rwanda, haba nshingamategeko na nyubahirizategeko, hakabaho no kuvanga ingabo zari iz’u Rwanda [Ex-FAR] na RPA.
Gusa urupfu rwa Habyarimana rwakurikiwe no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu bice bitandukanye by’igihugu, ihitana abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa.
Inama y’Abaminisitiri y’u Bufaransa yateranye ku wa 22 Kamena 1994, yaganiriwemo ikibazo cy’u Rwanda igaragaza ko Mitterrand yumvaga ko Habyarimana ari we muntu rukumbi wageza u Rwanda kuri demokarasi. Ntiyifuzaga ko FPR yitaga iy’Abatutsi yagera ku butegetsi.
Ati “Twahaye ubufasha guverinoma yemewe n’amategeko ariko tukabasaba kuganira n’inyeshyamba. Twagerageje guharanira ko habaho ubwumvikane hagati y’Abahutu n’Abatutsi binyuze mu biganiro bya Arusha. Amasezerano yagezweho yasaga n’ashimishije Abatutsi basaga n’abamaze kugera mu butegetsi, ariko ibikorwa byo kwica Perezida [Habyarimana] bishobora kuba byarakozwe n’intagondwa z’Abahutu.”
Raporo y’ibanga y’Ikigo cy’Ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), ivuga ko indege ya Habyarimana yahanuwe n’abasirikare b’intagorwa z’Abahutu bari biganjemo abarindaga umukuru w’igihugu, ikanagaragaza ko bari bafite imbunda 35 zihanura indege hamwe na missile 15 zakorewe mu Bufaransa na zo zashoboraga kwifashishwa muri iyo ‘opération.’
Mu gitabo “Stepp’d in Blood: Akazu and The Architects of the Rwandan Genocide Against The Tutsi”, cy’umwanditsi akaba n’umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye, Andrew Wallis, agaragazamo ko Habyarimana yishwe n’abari bafite ubwoba ko azabafata ku nda akabavana muri guverinoma kuko yari yabiteguje ari muri Tanzania.
Ku wa Mbere wa Pasika, ni ukuvuga ku wa 4 Mata 1994, Perezida Habyarimana yahamagaye Enoch Ruhigira wari ukuriye ‘Cabinet’, amubwira ko agomba gutegura umuhango wo kurahiza abantu bashya bazaba bagize guverinoma kandi ko bagomba kuzaba ari abantu b’ingeri zitandukanye aho kuba abagize Akazu gusa.
Iyi nkuru ntiyakiriwe neza n’abari basanzwe bagize Akazu ku buryo Wallis agaragaza ko bahise batumiza inama y’igitaraganya ndetse na Bagosora wari i Gisenyi akavayo atarwiyambitse, aho we na baramu ba Habyarimana n’abandi bari bakomeye mu gisirikare; muri iyo nama nta kindi cyigwagaho uretse uburyo bwo guhanura indege ya Habyarimana mu gihe izaba ivuye muri Tanzania.
Mitterand we yavuze ko ingabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda zitagombaga kwishyira mu byago, ahubwo zagombaga gutabara ubuzima bw’abantu gusa.
Nyamara ingabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda muri icyo gihe zajyaga ku rugamba mu bice bitandukanye by’igihugu zifatanya na Ex- FAR kurwana no gutanga amabwiriza ku rugamba.
Opération Turquoise yari igizwe n’ingabo z’u Bufaransa zibarirwa mu 2500, zashyizwe mu gice cy’Amajyepfo y’u Burengerazuba, zagize uruhare mu guha inzira abasirikare n’Interahamwe basize bakoze Jenoside bahungira muri Zaire [RDC y’ubu] kandi babarekera intwaro bari bafite.
Imvano: IGIHE
Perezida Ndayishimiye ahamya ko ntacyo u Bushinwa na Amerika birusha u Burundi
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yasanze u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntacyo birusha igihugu cyabo.
Mu kiganiro cyatambutse ku muyoboro wa Main Switch, Ndayishimiye yavuze ko nyuma yo kumva bivugwa ko u Burundi bukennye, yohereje intumwa mu Bushinwa kugira ngo zirebe icyo bubarusha.
Yagize ati “Njyewe naravuze nti ‘None ko bavuga ngo u Burundi ni cyo gihugu cya mbere gikennye ku Isi, biriya bihugu bikize byaciye mu yihe nzira u Burundi butacamo?’ Nohereza n’intumwa zijya kubyiga, zirereba, nsanga nta kintu na kimwe kiri muri ibyo bihugu u Burundi budafite.”
Perezida w’u Burundi yatangaje ko yigeze kujya impaka n’Abashinwa, bamwemeza ko igihugu cye ari kinini kurusha icyabo, babishingiye ku kuba u Bushinwa bufite abaturage benshi, ku buryo ubagabanyije ubutaka bwabo, bwaba buto cyane kurusha ubwo Abarundi bagabana iwabo.
Ati “Genda uvuge uti ‘u Bushinwa burakize’. Hari ibyo dufite burya u Bushinwa butagira. U Bushinwa twagiye impaka igihe kimwe, bavuga ko u Burundi bukize kurusha u Bushinwa, kugera n’aho bavuga ko twebwe turi igihugu kinini kurusha u Bushinwa.
Tujya impaka dusanga ni byo. Icya mbere, u Burundi ni bunini kurusha u Bushinwa.”
Yavuze ko yitegereje u Bushinwa, asanga igice kinini cy’ubutaka bwabwo ari ubutayu kuko “Nta mvura irigera igwa kuva Isi yaremwa”, mu gihe mu Burundi bwo imvura igwa kenshi, abantu bakeza.
Kuri Amerika, Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko nubwo iki gihugu gikiza, nta mutungo kirusha u Burundi, kuko inzira Abanyamerika banyuzemo biteza imbere, Abarundi na bo bayinyura bigashoboka babinyujije mu buhinzi.
Ati “Muri Amerika, mugende murebe, batangiriye ku buhinzi kugeza n’aho bajya gushaka abacakara kugira ngo bahinge.
Genda urebe mu Bushinwa, za Koreya y’Epfo; bose bahereye ku buhinzi. Igihugu navuga kitahereye ku buhinzi Singapore kuko ni agahugu gato katari gafite aho gahinga, na bo batunzwe n’ubwenge.”
Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko ubwo intumwa ze zari zimaze gusanga u Burundi bufite imitungo nk’iy’u Bushinwa, zafashe umwanzuro wo kubyaza umusaruro iyo mitungo kugira ngo ziteze imbere igihugu.
Rwanda's space sector marks a major milestone as the Rwanda Space Agency Teleport earns Tier 3 Certification from the World Teleport Association (WTA).
This makes it the first fully certified teleport in Sub-Saharan Africa, the second in Africa, and the first space agency-operated teleport globally to achieve this recognition.
Remarks by @PaulineOkumu, National Director, World Vision Rwanda
Today's visit provides a valuable opportunity to witness firsthand the progress, achievements, and lessons learned through the Dukore Twigire Project. This initiative reflects our shared commitment to strengthening livelihoods, building resilience, and promoting self-reliance among vulnerable households.
We are especially pleased that this visit marks an important milestone: the official handover of start-up and seed capital to project participants. This support goes beyond financial assistance. It represents hope, dignity, and an opportunity for families to build sustainable livelihoods.
Through this investment, participants are empowered to engage in income-generating activities, improve their household well-being, and contribute to the economic growth of their communities.
The Dukore Twigire Project demonstrates the power of collaboration. When government institutions, development partners, communities, and organizations such as World Vision work together, we can create lasting and meaningful impact. The project's approach of integrating refugees and host communities in livelihood interventions is particularly important, as it promotes social cohesion, inclusion, and shared economic prosperity.
As we observe today's activities, I encourage all of us to reflect on the lessons emerging from this project. These insights are critical for improving and scaling up successful approaches, while strengthening our collective response to vulnerability and displacement.
@WVRwanda remains fully committed to supporting the Government of Rwanda and all stakeholders in advancing resilience, child well-being, and sustainable development. We deeply value this partnership and look forward to strengthening our collaboration as we continue to serve those who need it most.
Together, let us continue building a future where every individual, regardless of their circumstances, has the opportunity to thrive.
#DukoreTwigire
Perezida Kagame yashimiye Macron ubwitange yagize bwo kwemera uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside
Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron w’u Bufaransa ubwitange yagize bwo kwemera ko igihugu cye cyatereranye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe cyari gifite ubushobozi bwo kuyihagarika.
Ubu butumwa yabutanze ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Kamena 2026 ubwo ku nkombe z’Umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris hafungurwaga ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’.
Iki gikorwa cyitabiriwe na Perezida Macron, Meya w’Umujyi wa Paris, Emmanuel Grégoire; abayobozi bo muri Guverinoma z’ibihugu byombi, Umunyamabanga Mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, Perezida wa IBUKA-France, Marcel Kabanda, n’abarokotse Jenoside.
Perezida Kagame yashimiye Abafaransa bagize uruhare mu kugaragaza ukuri kw’amateka ya Jenoside barimo uwahoze ari Meya wa Paris Anne Hidalgo n’uwamusimbuye, abanyamakuru, abahanga mu mateka n’impirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko uru rwibutso ari ikimenyetso gikomeye kigaragaza ukuri kw’aya mateka ashaririye, kandi ko uko kuri kidashobora guhungabana kuko kubakwiye ku rutare, kikaba ikimenyetso cy’agaciro k’Abanyarwanda n’amateka yabo.
Perezida Kagame yashimiye Macron kuba tariki ya 27 Gicurasi 2021 yarasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, akemera ko u Bufaransa bwatereranye u Rwanda kuva mu gihe bwabonaga ibimenyetso-mpuruza bya Jenoside.
Yagize ati “Perezida Macron, ndagira ngo ngushimire kubera impamvu ebyiri; umuhate n’ubumuntu. Mu myaka itanu ishize, wariyemeje, uza i Kigali nyuma y’ishyirwa hanze rya raporo ebyiri zigenga, imwe yamuritswe na Leta yawe, indi yamuritswe n’u Rwanda, uza mu gihe zagaragazaga umwanzuro umwe.”
Perezida Kagame yakomeje ati “Wemeye ko u Bufaransa bwashoboraga guhagarika Jenoside ariko ntibwabikoze. Nanjye nagaragaje ko aya magambo ari ikintu cy’ingenzi cyane kurusha gusaba imbabazi, ahubwo ari ukuri.”
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko gahunda ya Leta y’u Bufaransa yo kwemera ukuri kw’aya mateka yatangijwe na Nicolas Sarkozy ubwo yagiriraga uruzinduko rw’amateka mu Rwanda mu 2010, kuko icyo gihe ari bwo yemeye amakosa akomeye igihugu cyabo cyakoze mu gihe cya Jenoside.
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko n’ibindi bihugu byinshi byatereranye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ko u Bufaransa ari bwo bwateye intambwe ikomeye yo kwemera byeruye ko bwashoboraga gutabara Abatutsi, bukanashyira imbaraga nyinshi mu kugeza mu butabera abagize uruhare muri Jenoside.
Ati “Turanashimira imbaraga nyinshi zashyizwe mu kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside baba mu Bufaransa, guhakana Jenoside bikanagirwa icyaha. Uwo murimo ugomba gukomeza.”
Perezida Kagame yagaragaje ko Abanyarwanda biyemeje gutsinda amateka mabi banyuzemo kandi babigeraho, baharanira ko atazasubira, ubu bakaba bakomeje kwigisha abakiri bato gukomeza urugendo rwo kwiyubaka rwatangiye mu myaka 32 ishize, nyuma ya Jenoside.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko Abanyarwanda bashobora guterwa ubwoba, ariko ko imbaraga zose ubashyiraho igitutu yaba afite, zibakomeza, bagashikama, aho guhagarika urugendo rwo gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Perezida Macron yashimangiye ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko mu Bufaransa, bityo abakoze Jenoside bagahungirayo bibwira ko ari ho bazihishira ubutabera, bibeshye cyane.
Ati "Nta muntu uri hejuru y’amategeko. Kandi abatekereje ko babonye igihugu cyacu nk’ubuhungiro bw’iteka, ubutabera bw’u Bufaransa bwababoneye igisubizo. Nta cyaha cyibasiye inyokomuntu kizasaza cyangwa ngo ntigihanwe. Mbisubiremo, ubutabera buzatangwa."
Komereza aha: https://t.co/0sJKfr20Sh