U Rwanda ruri gushaka ishoramari rya miliyari imwe y'Amadolari ya Amerika rizava mu bikorera muri gahunda yarwo yo gukuba kabiri ingufu z'amashanyarazi zitunganywa zikagera kuri megawatt 1.066 no kugeza amashanyarazi ku baturage bose bitarenze umwaka wa 2030.
Menya imishinga iteganyijwe muri iyi gahunda: ➡️ https://t.co/ZaRikd5Se0
✍️ @MugishaChris_
NASA yemeje ko ikibuye cyo mu isanzure [meteor] cyaturikiye hejuru y’Amajyaruguru y’Uburasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, giteza urusaku rwinshi rumeze nk’iturika rwumvikanye hejuru ya Boston muri Leta ya Massachusetts, runatigisa inzu nyinshi mu zindi Leta zitandukanye.
Ni igikorwa cyateye impungenge abaturage benshi, aho bamwe bagize ngo ni igisasu cyangwa indi mpanuka ikomeye.
✍️@MugishaChris_
https://t.co/bAkASAKVLN
Meta iri gukora umukufi yise ‘Pendant’ ukoreshwa n’ikoranabuhanga rya AI, ndetse biteganyijwe ko uzatangira gukorerwa igerageza mu mwaka utaha, aho uzafasha mu gukoresha serivisi z’ubwenge buhangano mu buryo bworoshye kandi bugezweho.
✍️@MugishaChris_
https://t.co/FCLg13HK1Y
Ihangana na Bluesky na X. Bluesky yatangije uburyo bushya bwemerera abarukoresha gusoma inyandiko ndende ku buntu, mu guhangana na X ya Elon Musk igenera ubu buryo abantu n’ibigo bishyura ifatabuguzi gusa.
Bluesky irashaka guhigika X ku ngufu, ndetse abantu bamwe basigaye bahagarika gukoresha X bakimukira kuri Bluesky
https://t.co/4MBCQsCQqq
✍️:@MugishaChris_
Igice gihagurutsa icyogajuru ku butaka cyitwa New Glenn cya Sosiyete ya Blue Origin giherutse guturikira mu igerageza muri Florida. Ni ikibazo gikomeye kuko iyi mpanuka ishobora kudindiza gahunda ya NASA yo gusubira ku kwezi mu gihe cy'amezi agera kuri 18.
Menya imvano y’iri turika:⤵️🔗
https://t.co/KM6BQJH2Cr
✍️@MugishaChris_
Kuri uyu wa Gatanu, Ikigo cy'Ikoranabuhanga mu by'Isanzure, SpaceX, cyageze ku yindi ntambwe ikomeye ubwo cyoherezaga mu isanzure icyogajuru cya Starship ku nshuro yacyo ya 12.
✍️: @MugishaChris_
Menya imiterere yacyo: https://t.co/9SigOcNWe4
Manchester City yatangaje ko izatandukana n’umutoza Pep Guardiola nyuma y’uyu mwaka w’imikino.
Uyu mugabo wari umaze imyaka 10 muri iyi kipe akanayihesha ibikombe bitandatu bya shampiyona, azakomeza gukorana na yo mu bijyanye n’ubujyanama mu bya tekiniki. #IGIHESPORTS
Elon Musk yatangaje ko agiye kujuririra icyemezo cy’urukiko nyuma y’uko rutangaje ko yatsinzwe mu rubanza yari yararezemo OpenAI n’abayobozi bayo.
Musk yatanze ikirego mu 2024 mu Rukiko rw’i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arega OpenAI, avuga ko abashinze iki kigo yafashije gutangiza bibye umutungo wacyo, nyuma yo kugitangamo inkunga ya miliyoni 38$.
✍️ @MugishaChris_
Inkuru irambuye ⤵️🔗
https://t.co/m3JIU1xTla
Buri kwezi, abantu bareba amasaha arenga miliyari ebyiri ya video ngufi zo kuri YouTube [YouTube Shorts]. Nibura abareba izi video muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamara amasaha arenga miliyoni 200 buri munsi kuri televiziyo.
✍️@MugishaChris_
https://t.co/qZUELsGRrM