Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iteganya gukoresha arenga tiriyari 7.7 Frw mu ngengo y’imari ya 2026/27.
Aya mafaranga yiyongereyeho miliyari zisaga 700 Frw, bingana na 10% ugereranyije n’ingengo y’imari y’uyu mwaka wa 2025/26
Urwego rushinzwe Iterambere mu #Rwanda (RDB) rwamenyesheje abanyarwanda n’abafatanyabikorwa bose ko guhera ku wa 5 Gicurasi 2026, inyubako yarwo ikoreramo izafungwa by’agateganyo. Iki cyemezo cyafashwe kugira ngo hashingiwe ku mirimo yateganyijwe yo kuvugurura iyo nyubako.
Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Kenya nyuma yo kuburirwa irengero, yatawe muri yombi ashinjwa kwishimuta.
Umuryango wa Raphael kuwa Gatandatu nibwo wari watangaje ko yaburiwe irengero ubwo yajyaga mu kiganiro kuri Radio,... https://t.co/OcDhgfEfZg
Umugore wa Perezida w’u Burundi, Angeline Ndayubaha, akomeje guhabwa inkwenene ku mbunga nkoranyambaga nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akabura umuyobozi w’Amerika umwakira.
Soma inkuru yose kuri
https://t.co/Co36F52DME
#staupdated
Inteko Ishinga amategeko ya koreya ya Ruguru mu nama yabaye tariki 22/03/2026 yongeye gutora Kim Jong Un nka Perezida w'icyo gihugu.
Amaze imyaka 15 ayobora iki gihugu kuko yagiyeho mu mpera z'umwaka wa 2011 asimbuye se Kim Jong II witabye Imana kuwa 17/12/2011.
#stayupdated
Perezida Paul Kagame yakebuye abayobozi batita ku nshingano zabo, abibutsa ko ntawuzorikiye mu nshingano, ko bafite uburenganziro bwo gusezera bakajya gukora ibyo bashaka.
#stayupdated
Rwanda Premier League yahannye Ikipe ya Gasogi United, iyitera Mpaga y'ibitego 3-0 n'amande y'amafaranga y'uRwanda angana na 2,000,000 Frw nyuma yo kubura ku mukino wagombaga kuyihuza n'ikipe ya Rayon Sports wagombaga kuba tariki 22/03/2026 kuri Stade Amahoro.
#stayupdated
Minisiteri y'abakozi ba Leta n'umurimo @RwandaLabour yatangaje ko ejo kuwa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026 ari umunsi w'ikiruhuko mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Eidil Fitr.
#stayupdated
CAF yemeje ko Sénégal yamburwa Igikombe cya Afurika cya 2025
yegukanye itsinze Maroc.
Umwanzuro wa CAF uvuga ko iki gihugu gitewe mpaga y’ibitego 3-0 kubera kwivana mu kibuga ku mukino wa nyuma, ndetse ko Maroc ari yo yatwaye #CAN2025. #stayupdated
Guverineri w'intara y'Iburengerazuba Bwana Hon. NTIBITURA Jean Bosco na Mayor w'Akarere ka Rubavu MULINDWA Prosper n'inzego z'umutekano ni bamwe mu bitabiriye igitaramo 'Ubutwari Tour 2026' cyabaye none tariki 30 Mutarama muri Kivu Intare Arena mu Karere ka Rubavu.
#stayupdated